Masisi-Bihambwe_1

Masisi: AFC/M23 yaba yambuwe ibirindiro mu Mudugudu wa Mahanga

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 24 Gashyantare, biravugwa ko imirwano ikaze yabaye hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za FARDC, zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo, i Mahanga, umudugudu wo mu gace ka Butsike ( Gurupoma ya Nyamaboko I), muri Teritwari ya Masisi iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko ingabo za leta zageze i Buhimba, mu gace kegeranye na Walikale, zigaba igitero ku birindiro bya AFC / M23 i Mahanga.

Inkuru dukesha ACTUALITE.CD, ivuga ko nyuma yo guhangana, inyeshyamba za AFC/M23 zavuye mu mudugudu wa Mahanga.

Abaturage bavuganye n’itangazamakuru muri ako gace batangaje ko inyeshyamba za AFC / M23 zasubiye mu ishyamba riri kariya gace ka Sheferi ya Osso Banyungu.

Hagaragaye kandi guhunga kw’baturage, aho imiryango myinshi yihutiye kuva Mahanga ihungira mu bihuru bihakikije.

Ntacyo uruhande rwa AFC/M23 rwatangaje kuri aya makuru yo kwamburwa ibirindiro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *