Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, muri Teritwari ya Masisi biravugwa ko habyukiye imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’undi mutwe witwaje intwaro ukorana na leta.
Ni imirwano bivugwa ko yahuje inyeshyamba za M23 n’umutwe w’inyeshyamba za Mai-Mai Nyatura yatangiye saa 5h30 mu birometero bicye uvuye ahitwa Kwa Munyaruguru (Chez Munyaruguru) muri Teritwari ya Masisi.
Amakuru aturuka muri ako gace atangazwa agera ku banyamakuru batandukanye begereye leta aravuga ko inyeshyamba za M23 zasubijwe inyuma nyuma yo gukorwamo bikomeye n’inyeshyamba bari bahanganye.
Ni amakuru uruhande rwa M23 rwo rutaragira icyo ruvugaho.
Ku rundi ruhande, umutuzo ni wose kuva I Bunagana kugera I Rutshuru muri centre, bivugwa ko hari icyicaro cya M23. Ni mu gihe Igisirikare cya Congo cyari cyahaye uyu mutwe wa M23 kugeza kuri iki Cyumweru gishize, itariki 24 Nzeri wavuye mu bice byose ubarizwamo bitaba ibyo kakawubaho.



