2874

Masisi: M23 yakubise umwanzi, yigarurira agace k’ingenzi

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu wigaruriye agace ka Showa ko muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kukirukanamo umwanzi wawo bari bahanganye.

M23 yafashe Showa nyuma yo kuhirukana ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bari bahanganye ryiganjemo inyeshyamba zo mu mutwe wa APCLS wa Janvier Karairi.

Ejo ku wa Gatanu impande zombi zari zarwaniye muri kariya gace, ariko APCLS isubiza inyuma M23 iyigeza ahitwa Bukombo.

Amakuru avuga ko AFC/M23 nyuma yo kongera ingabo, kuri uyu wa Gatandatu yaramutse igaba ibitero kuri ziriya nyeshyamba irazirukana, biba ngombwa ko zihungira ahitwa Ngesha na Burora.

Showa ni agace k’ingenzi ko muri Masisi kagizwe n’imidugudu ya Showa, Muhondo ns Changara.

Usibye aka gace, ku mugoroba w’ejo ku wa Gatanu kandi M23 yafashe agace Mulema ko muri Groupement ya Nyamaboko ya mbere; muri Masisi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *