Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu wigaruriye agace ka Katale ko muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kuhirukana ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
M23 yigaruriye aka gace nyuma y’imirwano yatangiye mu ma saa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.
Ni imirwano yanumvikanye mu duce turimo Kibuye, Gatovu ndetse, ndetse no mu duce twa Kamuronza no hejuru ya Bweramana hafi y’i Sake.
Agace ka Katale M23 yigaruriye gaherereye mu bilometero bibarirwa muri bitanu winjira muri Centre ya Masisi.
Aka gace kiyongereye ku tundi turimo Kaniro, Lukopfu ka Kirwa ziriya nyeshyamba ziyobowe na Gen Sultani Makenga zigaruriye ku wa Kane.
Ni mu mirwano amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko yiciwemo ingabo 135 zigize ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo, zirimo abarwanyi babiri ba FDLR bo ku rwego rwa ba Colonel.
Abenshi mu bishwe ni abavaga Masisi Zone bagerageza guhunga, nk’uko amakuru aturuka imbere muri M23 abivuga.




