Nyuma y’iyicwa ry’Umuvugizi wa M23, LT Col. Will Ngoma, ibintu byakomeje guhindura isura ku rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC n’abayiri inyuma, aho imirwano irimo kuvugwa i Masisi.
Amakuru atangazwa na Kivu Morning Post, aravuga ko imirwano yubuye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 mu Mujyi wa Luke muri Teritwari ya Masisi.
Ni nyuma y’uko abarwanyi ba AFC/M23 babashije gutesha Ingabo za FARDC n’inyeshyamba za wazalendo zari zagabye igitero muri ako gace.
Imirwano yo kuri uyu wa Kane, itariki 26 Gashyantare 2026, iravugwa nibura mu birometero 6 uvuye Kazinga, ahari kumvikana urusaku rwinshi rw’amasasu.




