Ubuyobozi bw’umutwe wa Twirwaneho ubarizwa muri Kivu y’Amajyepfo buravuga ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Werurwe 2023, inyeshyamba za Mai-Mai Bilozebishaambuke n’iza Red-Tabara (zigizwe n’Abarundi) zagabye ibitero mu midugudu y’Abanyamulenge zigacakirana n’abarwanyi ba Twirwaneho rukambikana .
Itangazo Bwiza yabashije kubona ryashyizwe ahagaragara kandi ryashyizweho umukono n’Umuhuzabikorwa wa Twirwaneho, Welcome Ndakize Kamasa, rivuga ko inyeshyamba za Mai-Mai Bilozebishambuke na Red Tabara zateye ziturutse mu biriniro bikuru byazo biherereye ahitwa Musika, mu birometero 30 uvuye i Minembwe.
Kamasa avuga ko inyeshyamba zateye imidugudu y’Abanyamulenge baherutse gusubira mu byabo ya Rutigita, Masha na Monyi.
Ati “ Bacakiranye n’irondo ry’abasivile ba Twirwaneho babasubie inyuma ku mihanda ibiri. Kuri ubu imirwano irabera Kijombo no mu nkengero za Musika aho baturutse.”
Iri tangazo mu gusoza rivuga ko izi nyeshyamba na statut ziherutse guhabwa na guverinoma y’inkeragutabara, itazemerera kongera kugaba ibitero ku basivili nk’uko zahoze zibigenza, ngo kuba zirimo guhabwa intwaro na leta bitaziha uburyo bwo kwihorera.
Kamasa ati “ Turabasaba kugaruka ku myanzuro ya Nairobi igifite agaciro”



