Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yakiriye abahagarariye ibihugu byabo bashya babiri baherutse kugenwa muri izi nshingano.

Ni muri iki gitondo cyo kuwa Mbere, itariki, 15 Ukuboza, aho Minisitiri Olivier Nduhungirehe yabanje kwakira kopi y’inyandiko zatanzwe na Kazuya Nakajo, Ambasaderi-wagenwe n’u Buyapani mu Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye kandi kopi y’inyandiko zimwemerera guhagararira igihugu cye, Mansour Ali Fahd Al Shahwani Al Hajri, Ambasaderi wagenwe na Leta ya Qatar mu Rwanda.




