Minisitiri Sarah Mateke Nyirabashitsi yapfuye

Sarah Mateke Nyirabashitsi wari Umunyamabanga wa Leta ya Uganda muri Minisiteri y’Ingabo z’iki gihugu, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu azize uburwayi.

Nyirabashitsi ukomoka i Kisoro asanzwe ari umukobwa wa Philemon Mateke wari Umunyamabanga wa Leta ya Uganda Ushinzwe ubutwererane n’akarere ubwo umubano w’iki gihugu n’u Rwanda wari warazambye.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mudamu w’imyaka 50 y’amavuko wari n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yemejwe n’umwe mu bagize umuryango we, nk’uko ibitangazamakuru byo muri Uganda bibivuga.

Bivugwa ko yishwe n’indwara y’umutima.

Sarah Mateke wari umutoboke w’Ishyaka NRM, mu mwaka ushize ni bwo Perezida Yoweri Museveni yari yamuhaye inshingano zo kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo n’abazihozemo.

Mbere y’aho (kuva muri 2021) yari Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe uburinganire, umurimo ndetse n’iterambere ry’abaturage.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *