Mu gihe igihugu cya Cameroon cyari mu matora ya perezida ku Cyumweru, isura y’umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Misiri, Mohamed Salah yagaragaye ku rutonde rw’abatoreye ku biro by’itora bya Ngaoundéré III.
Nyuma yo gukora igenzura, ibitangazamakuru bitandukanye byemeje ko koko iyo foto igaragara ku rubuga rwa Elecam, urwego rushinzwe gutegura no gucunga amatora muri Cameroon.
Ibi byatumye abantu benshi bayiganiraho ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bayifata nk’ikinamico itangaje, abandi bakongera kwibaza ku bunyamwuga n’ukuri k’urutonde rw’abatora muri icyo gihugu.
Cameroon yatangiye kubara amajwi kuri iki Cyumweru nyuma y’amatora yitezweho kongera guha manda Paul Biya, Perezida w’imyaka 92, umaze imyaka 43 ayobora igihugu, akaba ari umwe mu bategetsi bamaze igihe kinini ku butegetsi ku isi.
Gusa umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na leta, Issa Tchiroma Bakary w’imyaka 76, yatangaje ko ari we watsinze amatora, ibintu bikaba byashyize igihugu mu bihe bishobora kuvamo umwuka mubi wa politiki.




