Muhanga: Abikorera bagaragarije Guverineri Gasana inzitizi bahura nazo ku ishoramari

Mu biganiro  Guverineri  w’Intara y’Amajyepfo,  Gasana  Emmanuel,  yagiranye n’abikorera  bo mu karere ka Muhanga ku mahirwe yo gushora imari bafite muri  aka karere,  bamugaragarije ko mu nzitizi  bagifite harimo  n’umuriro  w’amashanyarazi  n’amazi bidahagije.

Umwe  mu bacuruzi  bahakorera, Past  Nkundiye  Theophille ,  avuga  ko  nta muntu  watekereza  gushinga  uruganda muri ako gace  ka Muhanga mu gihe  bafite amakuru  ko amazi  adahagije ndetse n’ibura ry’umuriro  w’amashanyarazi  rya hato na hato.

Agira ati “Umuriro ushobora  kubura  amasaha nk’atandatu  utaragaruka,  urumva umuntu  waba uhafite uruganda akabura umuriro gutyo  yazahura n’igihombo,  ikindi ubu hari uduce  twamenyereye kujya kuvoma  mu bishanga kubera ko tudafite amazi  kandi turi hano mu mujyi”.

Uyu mucuruzi kandi  avuga ko iki kibazo  ajya ahura nacyo  nk’uhagarariye abacuruzi mu murenge wa Nyamabuye  aho abakorera mu gakiriro  bahora bamuhamagara babuze umuriro  w’amashanyarazi  bakicara ntacyo bakora, bagategereza igihe uzagarukira bakabona gukomeza akazi kabo.

Kuri we ngo nta muntu ushora imari ahantu atabanje  kubaza amakuru y’ibikorwaremezo byaho, ibi ngo mu gihe babimenye byabaca intege.

Akomeza asaba Guverineri kuzabahuriza hamwe n’abashinzwe  iby’amazi  ndetse n’umuriro bakabasobanurira impamvu izo serivise  zikiri inyuma cyane ugereranije n’izindi muri aka karere.

Umuyobozi  w’akarere ka  Muhanga,  Uwamariya  Béatrice wasabwe gusubiza kuri iki kibazo  na Guverineri,  yavuze ko ubusanzwe  abaturage bamenyeshwa ko umuriro uri bugende  cyangwa amazi, ariko ngo birashoboka  ko abantu bose batabimenya.

Agira ati “Ubundi bafite imbuga za whatsap baba babinyujijeho igihe bafite nk’imirimo yo gusana imiyoboro yangiritse ariko buriya tugiye no kongera tubegere tubaganirize ku buryo barushaho kunoza serivisi zabo ndetse n’igihe baba bazi ko nta muriro cyangwa amazi uwo munsi biba bihari batangaze amatangazo menshi ashoboka, banakwifasha radiyo ,bagakoresha iyo muri gare cyangwa mu isoko abantu bakabimenya ari benshi”.

Iki kibazo cy’ibikorwaremezo  bicye kandi kinagaragara ku mihanda aho abaturage bavuga ko hari imihanda itagira urumuri rusange bikaba bituma hari n’abahamburirwa mu masaha ya nijoro n’indi mihanda irufite nyamara hakaba hari amasaha azwi nijoro agera bakayazimya kandi ari mu muhanda wa kaburimbo bikabangamira ababa barimo gutaha ndetse n’abakora ubucuruzi bw’utubari.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *