ingoro_y_ubutabera_y_urukiko_rwisumbuye_rwa_muhanga

Muhanga: Ku myaka 26 arashinjwa gusambanya umwana we w’imyaka 6

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umugabo w’imyaka 26 y’amavuko ukekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 6. 

Uregwa utuye mu Mudugudu wa Birembo, mu Kagari ka Mukinga, Umurenge wa Nyamiyaga, mu Karere ka Kamonyi akurikiranweho kuba mu bihe bitandukanye yaragiye asambanya umwana we yibyariye w’imyaka itandatu (6) y’amavuko, nyuma y’uko nyina w’uyu mwana yahukanye akamumusigira.

Icyaha akurikiranweho nk’uko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru, cyamenyekanye ku itariki ya 27 Ukwakira 2025 ubwo umuturanyi wabo yabonaga uyu mwana agenda nabi yamubaza icyo yabaye akamubwira ibyo papa we yamukoreye.

Mu ibazwa rye, uregwa yemeye ko yasambanyije umwana we ubwo yari atashye mu ijoro yasinze. Asobanura ko yabitewe n’ubusinzi.

Icyaha akurikiranweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 133 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 yahinduwe n’ingingo ya 14 y’itegeko no 059/2023 ryo ku wa 04/12/2024 iteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Naramuka ahamwe n’icyaha, uregwa, azahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *