Boniface Mwangi, impirimbanyi iharanira uburenganzira bwa muntu muri Kenya, yatangaje ko aziyamamariza kuba Perezida w’icyo gihugu mu matora ateganyijwe muri 2027.
Mwangi wagize uruhare mu kuyobora imyigaragambyo yo kwamagana leta biro ntaramakuru by’abongereza Reuters bivuga ko Mwangi yatangaje ko ubutegetsi bwananiwe mu buryo bwose.
Mwangi yavuze ko Kenya igomba kubona impinduka mu matora ateganijwe muri Kanama 2027,bityo ukwiyamamaza kwe kukaba kwitezweho kuzagaragaza niba imyigaragambyo yari ayobowe kandi ishyigikiwe n’urubyiruko ishobora guhinduka inkubiri ya politike ishyira amatora y’umukuru w’igihugu.
Muri 2017, Mwangi aciye mu ihuriro ryo kurwanya ruswa yiyamamarije kwinjira mu nteko ishinga amategeko ariko ntiyatsinda.
Mu gihe cy’imyaka myinshi ishize yamenyekanye nk’umuntu ushobora guhaguruka akamagana ruswa n’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu muri Kenya no hanze yayo.
Amatora muri Kenya ateganyijwe muri Kanama mu 2027. Kandidatire ye izabanza kwemezwa na Komisiyo y’amatora ishinzwe kugenzura no kwemeza n’iz’abandi bakandida.
Abandi batangaje ko baziyamamaza ku mwanya wa perezida wa Kenya barimo senateri Okiya Omtatah na David Maraga wahoze ari perezida w’Urukiko rw’Ikirenga.
Perezida William Ruto usanzwe uri ku butegetsi kuri ubu na we arateganya kwiyamamariza manda ye ya kabiri.
Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, riyobowe na babiri bahoze ari ba visi perezida n’abandi bahoze ari abakuru muri guverinoma, na ryo rirateganya kwishakamo umukandida.




