1745765098873

Myugariro wa Police FC yapfushije nyina

Myugariro wa Police FC, Issah Yakubu ari mu kababaro nyuma y’urupfu rwa nyina, Gifty Boako, witabye Imana ku wa Gatandatu, tariki ya 26 Mata 2025.

Nyakwigendera Gifty Boako yitabye Imana mu Mujyi wa Bawjiase, uherereye mu Ntara ya Central muri Ghana, aho yari asanzwe atuye.

Police FC yahaye Issah Yakubu uruhushya rwihariye kugira ngo abe hafi y’umuryango we muri ibi bihe bigoye.

Kubera ibyo kandi, Yakubu ntiyagaragaye mu mukino Police FC yakinnye na Gorilla FC ku Cyumweru.

Ubuyobozi bwa Police FC, abakinnyi n’abakunzi b’iyi kipe, bifatanyije n’uyu mukinnyi mu kababaro ke, bamusaba gukomera no gukomeza kwizera Imana.

Issah Yakubu asanzwe ari umwe mu nkingi za mwamba mu bwugarizi bwa Police FC, aho akunze kugaragaza ubwitange n’ubunyamwuga mu kibuga.

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *