Screenshot_20251010-215213~2

Myugariro w’Amavubi yasigaye akora amasuku muri sitade Amahoro

Nyuma y’umukino Ikipe y’Igihugu Amavubi yatsinzwemo na Bénin igitego 1-0 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, hari igikorwa cyakozwe na Myugariro Phanuel Kavita cyakoze ku mitima ya benshi.

Kavita, wakinaga bwa mbere mu Amavubi kuri Stade Amahoro, ntiyahise asohoka mu kibuga nk’abandi bakinnyi nyuma y’umukino. Ahubwo, yafashe umwanya wo gusukura aho abakinnyi b’u Rwanda na Bénin bari bicaye, atoragura amacupa y’amazi n’ibindi bisigazwa byakoreshejwe n’amakipe yombi.

Amafoto ye ari gukora isuku yakwirakwijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, benshi bashima imyitwarire ye bavuga ko ari urugero rwiza rw’ubupfura, isuku n’ubunyangamugayo. Abakunzi b’umupira bavuga ko ibyo yakoze bitandukanye n’ibisanzwe bibonwa ku bakinnyi benshi, cyane cyane nyuma yo gutsindwa.

 

https://x.com/umunotanews/status/1976728717159547131?t=eCHb8STHAuyubPa6pjfErA&s=19

https://x.com/Radiotv10rwanda/status/1976724314788708492?t=eCHb8STHAuyubPa6pjfErA&s=19

https://x.com/IGIHESports/status/1976722436898144490?t=eCHb8STHAuyubPa6pjfErA&s=19

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *