N’ubwo ari kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida, Amama Mbabazi yanze gusezera burundu muri NRM

Patrick Amama MbabaziUmukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika muri Uganda yavuze ko nubwo atakiri mu ishyaka rya NRM iri ku butegetsi ngo adateze gutanga ikarita ya NRM kuko nta n’umwe abona yayiha.
Uyu mukandida umwe mu bashinze ishyaka rya NRM ndetse akaba yarabaye Minisitiri w’Intebe umwanya yirukanyweho mu mwaka wa 2014 avuga ko adashobora gutanga ikarita y’ishyaka rya NRM kuko ntawe abona yayiha.

Amama-Mbabazi111
Patrick Amama Mbabazi abona muri NRM ntawe yaha ikarita y’ishyaka

Nyuma yo kwirukanwa yahise atangira ibikorwa byo gushaka kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida biza gutuma mu ishyaka basa n’abamwirukana.
Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu duce twa Rubirizi na Buhweju, yavuze ko adateze gutanga ikarita ya NRM ngo kuko ari we wagize uruhare mu kuyishinga.
Mbabazi yagize ati: “Ndacyari umwe mu barwanashyaka ba NRM warwanye kugirango igihugu kibohozwe, ariko Perezida Museveni yahinduye icyari kigambiriwe igihugu kibohozwa.Ni nayo mpamvu ndi kwiyamamariza kuba Perezida.”
Mbabazi yakomeje avuga ko adashobora kugarurira ikarita abantu yatanze kugera mu ishyaka.
Yagize ati: “Ndi umurwanashyaka wa NRM, nta mpamvu yo kugarura ikarita.Nayizana nyizanira nde mu gihe ari njye wandikaga abantu bashaka kujyamo mu myaka 28 yose, nta murwanashyaka wa NRM uyizi kundusha”.
Mbabazi yavuze ko barwanye urugamba rwo kubohoza igihugu bashaka guca ubukene , serivisi mbi n’ibindi ariko ngo biracyahari.
Yavuze ko yizeye gutsinda Museveni ndetse anatanga ingero z’uburyo yatangiye kumutsinda, ngo kuko iyo agiye kuvugira ku maradiyo bahita bayafunga , akemeza ko ari ubwoba bamufitiye.
Amatora ya Perezida wa Repubulika muri Uganda ateganyijwe uyu mwaka. Mu bakandida baza ku isonga ni Perezida uriho Yoweri Museveni, Kiiza Besigye na Amama Mbabazi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *