Namibia: Bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu uzasimbura nyakwigendera Hage Geingob

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abatora babyukiye ku mirongo miremire hanze y’ibiro by’itora mu murwa mukuru wa Namibia, Windhoek, kugira ngo batore perezida mushya n’inteko ishinga amategeko mu gishobora kuba amatora akomeye ku ishyaka SWAPO riri ku butegetsi.

SWAPO yayoboye iki gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika kuva cyabona ubwigenge kibuhawe na Afurika y’Epfo mu 1990. Umukandida wayo, Visi Perezida Netumbo Nandi-Ndaitwah, azaba abaye umuyobozi wa mbere w’umugore wa Namibia naramuka atsinze.

Abasesenguzi mu bya politiki bavuze ko bishoboka ko SWAPO ishobora kuzahirikwa n’urubyiruko bitewe n’ubushomeri bukabije, ubusumbane na ruswa, nubwo ubudahemuka mu ishyaka mu batora bakuze ndetse no mu cyaro bishobora kurifasha.

Amatora yatangiye ku isaha ya 0700 ku isaha yaho (0500 GMT) ariko abatora bamwe bari bahari kuva nijoro nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Ati: “Benshi mu rubyiruko bumva bashaka kwishora muri politiki, bashaka kuzana impinduka mu gihugu cyabo. Birashoboka ko ibyo byabashishikariza kuvuga, reka tujye gutora”.

Gushyigikira SWAPO byaragabanutse kugera kuri 56% mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2019 mu gihe muri 2014 yari ishyigikiwe ku rugero rwa 87%. Kugira ngo atorerwe kuba perezida, umukandida agomba kubona amajwi arenga 50% cyangwa se hakaba icyiciro cya kabiri. Abanya Namibia kandi baratora n’abagize inteko ishinga amategeko.

Umwarimu Tuna Alweendo ati: “Naje hano saa 0630 (0430 GMT) ariko umurongo wari muremure. Mbere muri 2019 ntabwo nabibonye.”

Ku isonga ry’abakandida 14 batavuga rumwe n’ubutegetsi hari Pentuleni Itula, umuganga w’amenyo wahindutse umunyapolitiki, waje ku mwanya wa kabiri muri 2019.

Muri iki gihe Namibia iyobowe na perezida w’agateganyo, Nangolo Mbumba, wagiyeho muri Gashyantare nyuma y’uko uwahoze ari perezida, Hage Geingob, apfuye ariko ntabwo yiyamamaje muri aya matora.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *