WhatsApp-Image-2020-12-25-at-12.39.25-PM-700x375

Ni iyihe nkomoko ya Noheli

Noheli ni umunsi mukuru wizihizwa ku isi yose buri mwaka ku itariki ya 25 Ukuboza, aho abemera gikirisitu bibuka ivuka rya Yesu Kristo, Umucunguzi w’abantu. Ariko se, uyu munsi ukomoka he?

Mu mateka, kwizihiza Noheli byatangiye mu kinyejana cya gatatu nyuma ya Yesu aho Kiliziya Gatolika yashyize uyu munsi ku itariki ya 25 Ukuboza kugira ngo ihuze n’iminsi mikuru y’Abapagani, nka “Saturnalia” i Roma, yahimbazaga ihinduka ry’ibihe (Winter Solstice).

Iki cyari igihe cy’ubusabane, guhana impano no kwishimira ko izuba ryongeye kwigaragaza.

Kiliziya yashakaga guhindura uyu munsi mukuru ukayihuza no gusobanura amahame y’ivuka rya Kristo.

Nubwo Bibiliya idatanga itariki nyakuri Yesu yavutseho, kwizihiza Noheli bifite igisobanuro gikomeye ku bemera. Mu butumwa Bwiza uko bwanditswe na Luka 2:11, hagira ati: “kuko uyu munsi Umukiza abavukiye mu murwa wa Dawidi, uzaba Kristo Umwami.”

Abakristo bizihiza Noheli nk’umunsi wo kwibuka urukundo rw’Imana rwatumye itanga Umwana wayo w’ikinege ngo acungure abantu bose.

Uyu munsi mukuru kandi wagutse ugera no mu mico y’isi itandukanye aho imigenzo izwi cyane muri Noheli irimo gutanga impano, kuririmba indirimbo z’amahoro no gutegura ibirori by’umuryango.

Mu bihugu byinshi, Noheli iba n’umwanya wo gufasha abakene, gusura abarwayi, no kugaragarizanya urukundo.

Uretse kuba umunsi w’idini, Noheli yabaye ikimenyetso cy’ubumwe n’amahoro aho uyu munsi ufasha abantu guhagarika imirimo yabo, bagatekereza ku gaciro k’urukundo, ubuntu no kwiyoroshya byaranzwe mu buzima bwa Yesu Kristo.

Ku isi yose, Noheli ikomeza kuba umwanya wo kwibuka ko urukundo n’amahoro ari byo bifite agaciro mu buzima bwa muntu.

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *