Nigeria: Gariyamoshi yagonze umunyamaguru bimuviramo urupfu

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Kanama 2024, humvikanye inkuru y’impanuka idasanzwe; aho umunyamaguru utaramenyekana yagonzwe na gariyamoshi, bakamusanga yangiritse bikomeye ndetse yanapfuye.

Iyi mpanuka yabereye mu gace kitwa Oshodi gaherereye muri leta ya Lagos ho mu gihugu cya Nigeria. Ababonye iyi mpanuka iba, bavuga umugabo yari ari kugendera mu nzira ya gariyamoshi.

Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko ubwo gariyamoshi yazaga iri kugendera ku muvuduko wo hejuru, yamusanze mu muhanda wayo hanyuma imunyura hejuru iranamwangiza bikomeye.

Urwego rushinzwe ubutabazi muri Nigeria rwahise ruhagera rukusanya bimwe mu bice by’umubiri wa nyakwigendera, bikaba byamaze kujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro rusange.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *