Nigeria: Indege itwara abagenzi yayobye ibajyana mu birometero 300 by’aho bari bagiye

Indege y’ubucuruzi yo muri Nigeria irimo abagenzi barenga 100 yaguye ku kibuga cy’indege kitari cyo muri weekend.

Indege ya United Nigeria Airlines, yahagurutse ku Cyumweru mu Mujyi w’Ubucuruzi wa Nigeria, Lagos, yerekeza i Abuja, umurwa mukuru w’iki gihugu, ihita yerekeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Asaba.

Abakozi bo mu ndege batangaje bati: “Murakaza neza ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Nnamdi Azikiwe i Abuja,” ariko indege mu by’ukuri yari imaze kugwa mu mujyi wa Asaba, umujyi uri ku nkombe z’iburengerazuba bw’Uruzi rwa Niger nko mu birometero 329 uvuye Abuja.

Abagenzi bavuze ko bamenye gusa ko bari muri Asaba aho kuba Abuja nyuma yo gusohoka mu ndege.

Isosiyete y’indege yo yavuze ko habayeho kuvangirwa n’ikirere nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya, Anadolu Agency ivuga.

Umuvugizi w’iyi sosiyete y’indege, Achilleus-Chud Uchegbu, yabwiye abanyamakuru ko umuderevu yerekeje indege i Asaba nyuma yo kubona amakuru ajyanye n’ikirere kibi. ”

Ati: “Abakozi bo mu ndege batanze itangazo ritari ryo nyuma yo kugwa neza muri Asaba kandi bitera urujijo mu bagenzi.”

Guhindura inzira kw’indege ntibisanzwe muri Nigeria. Ibyabaye ngo bikaba byateje impungenge ku mutekano w’indege mu gihugu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *