77338

Nyamasheke: Ibuka irasaba iperereza ku iyicwa ry’uwarokotse Jenoside

Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside wasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku iyicwa ry’uwarokotse mu Karere ka Nyamasheke.

Theresie Nyirangirinshuti ukomoka mu Murenge wa Shangi, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yishwe atemaguwe mu ijoro ryo ku itariki ya 16 rishyira ku ya 17 Gicurasi n’abagizi ba nabi batamenyekanye.

Ibuka yagize iti: “Ibuka yamaganye byimazeyo ibyo bikorwa by’ubunyamanswa byibasira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibuka irasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kuri ubu bwicanyi kugira ngo umuntu wese wabigizemo uruhare ashyikirizwe ubutabera kandi abibazwe”.

Ibuka yashimangiye ko abakomeje imyitwarire nk’iyo bagomba guhanwa by’intangarugero.

Yagize iti: “Ibuka irahamagarira kandi umuntu wese ugifite ubugome nk’ubwo kubireka. Uwagiye naruhuke mu mahoro ahoraho”.

Impungenge z’ibitero byibasira abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ziriyongera mu gihe guverinoma n’imiryango itegamiye kuri Leta basaba ingamba zikomeye zo guhangana n’ingengabitekerezo ya jenoside ikomeje.

Nk’uko byemezwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ngo ibitero byibasiye abarokotse jenoside byageze kuri 50 ku ijana by’imanza 2660 z’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo byanditswe hagati ya 2019 na 2023.

RIB yanditse imanza 82 zijyanye n’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo mu Cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Isesengura ry’izi manza 82 ryerekanye ko 36 muri zo zari izijyanye n’ubugizi bwa nabi bukorerwa abarokotse jenoside.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *