b0670c00-d638-11ee-9a5b-e35447f6c53b.jpg (1)

Nyanza: Ubuhamya bw’abashinja Munyenyezi bukomeje guteza urujijo

Iperereza ry’ubushinjacyaha ku gushaka kumenya niba koko Béatrice Munyenyezi yarize mu ishuri ryisumbuye rya CEFOTEC riri ahahoze umujyi wa Butare (ubu ni mu karere ka Huye), mu majyepfo y’u Rwanda, ryerekanye ko Munyenyezi atari ku rutonde rw’abize muri iryo shuri. Béatrice Munyenyezi yoherejwe mu Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Mata  2021.

Ku wa Kane ushize nibwo hakomeje urubanza rwa Béatrice Munyenyezi wajuririye igihano cy’igifungo cya burundu ku byaha yahamijwe bya jenoside no gusambanya abagore mu gihe cya jenoside mu 1994.

Abamwunganira banenze bivuye inyuma ibimenyetso byatanzwe n’ubushinjacyaha birimo fotokopi y’indangamanota buvuga ko ari iya Munyenyezi, ndetse n’urutonde rw’abize muri iryo shuri.

Umunyamategeko Bikotwa avuga ko ibyo bimenyetso atari umwimerere kuko “nta kashe y’ikigo n’umukono (‘signature’)” w’uwari umuyobozi wa CEFOTEC mu 1994 bigaragara kuri urwo rutonde rw’abahigaga. Hari n’umutangabuhamya wavuze ko amuzi yiga muri Kaminuza y’u Rwanda nyamara atarahize.

Me Bikotwa yabwiye urukiko ko bo bafite umutangabuhamya w’umwarimu uvuga ko yigishije Munyenyezi isomo ryo gushushanya.

Mu bindi abunganira Munyenyezi banenga, ngo hari umutangabuhamya wavuze ko yiganye n’umugabo wa Munyenyezi, ari we Shalom Ntahobari, avuga ko bize mu “gifureri” (mu kigo cy’abafurere).

Me Bikotwa ati: “Ni gute umuntu wize atazi ko ishuri yizemo ryitwa Groupe Scolaire de Butare?” Yongeraho ati: “Bigaragara ko ibyo yavuze ari ibyo yabwiwe.”

Ngo hari n’umutangabuhamya wavuze ko yitwaga “Kadogo” mbere ya jenoside. Me Félicien Gashema ati: “Gute se kandi? Ko twese tuzi ko ijambo Kadogo ryatangiye kuvugwa nyuma ya jenoside?”

Abatangabuhamya 12 bashinjura Béatrice Munyenyezi na 22 bamushinja ni bo bemejwe kuzatanga ubuhamya bwabo mu rukiko.

Béatrice Munyenyezi yoherejwe n’Amerika muri Mata (4) mu mwaka wa 2021.

Abunganira Munyenyezi babwiye urukiko ko ubuhamya bwashyikirijwe n’ubushinjacyaha ku byaha Munyenyezi ashinjwa bwuzuye ibinyoma kandi ko ari ubuhamya bwivuguruza ndetse budafite ibimenyetso bifatika bigaragaraza ko Munyenyezi koko yakoze ibyaha.

Biteganyijwe ko uru rubanza ruzakomeza mu kwezi kwa gatandatu (Kamena).

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *