Kuva umurwayi wa COVID-19 umwe yaboneka mu kagari ka Kiyonza, mu murenge wa Ngoma, ku wa 30 Gicurasi, mu bipimo bisaga 200 bimaze gufatwa, nta wundi muntu urabonekaho icyorezo cya COVID-19 mu karere ka Nyaruguru.
Ibyo byemejwe n’umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Colette Kayitesi, Binashimangirwa na Dr Bienvenu Muvunyi, umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Munini mu muhango wo gushyikiriza ibitaro by’akarere bya Munini impangukiragutabara nshya izafasha mu gikorwa cyo kwirinda no kurwanya Coronavirus kuri uyu wa 9 Kamena 2020.
Madame Kayitesi yagize ati “kugeza ubu, umuntu umwe wenyine ni we byagaragaye ko yanduye COVID-19. Twagerageje gushakisha abantu bose bahuye na we. Abagera ku 136 twarabapimye dusanga nta kibazo.’(..). Ibindi bipimo by’abantu 64 byoherejwe muri “Laboratoire Nationale” gupimwa dutegereje ibisubizo.”
Nk’uko Kayitesi yabivuze, abo 64 bashyizwe mu kato mu ishuri ryisumbuye rya “College Imanzi” mu murenge wa Kibeho.
Dr. Muvunyi yaboneye kwibutsa abaturage ba Nyaruguru ko imbibi z’u Rwanda zifunze. Nta mpamvu yo kugeragazage kwambuka umupaka mu buryo butemewe kuko bishobora kutuzanira icyorezo cya Covid-19.
Twibutse ko uwo murwayi wa COVID-19 waboneste mu murenge wa Ngoma, ari umwana w’umukobwa w’imyaka 16. Akaba yari yambutse umupaka avuye i Burundi anyuze mu nzira zitemewe n’amategeko, bita iza “panya”.
Kugeza ubu, ibitaro bya Munini bigize imbangukiragutabara 7 ku baturage basaga 355,000 batuye Nyaruguru. Zifasha abarwayi baturutse mu bigo nderabuzima 16 na “postes de sante” 23. Iyo mbangukiragutabara nshya ifite akaciro ka 68,000,000 RWF.





