Nyuma y'imirwano ikomeye, umutwe wa Seleka wongeye kwigarurira agace ka Bambari

Nyuma y’imvururu zongeye kwaduka mu gace ka Bambari muri Centrafique, amakuru aturuka muri ako karere yemeza ko kuri ubu abarwanyi bahoze mu mutwe wa Seleka aribo bafite ako gace nyuma yuko abo mu mutwe wa Antibaraka bahunze.
seleka
Muri ako gace karangwamo n’ingabo zo mugihugu cya Congo zibarirwa muri Minusca zishinzwe kubungabunga amahoro muri iki gihugu, ntabwo zabashije kubuza izi mvururu ngo kuko Seleka ifite abarwanyi benshi muri aka gace.
Nyuma y’imirwano yatangiye hagati y’abarwanyi ba Antibaraka na Seleka ishami rya UPC riyoborwa na General Ali Darass mu gace ka Bambari, Minusca yagerageje guhuza impande zombi ariko birananirana kuko abarwanyi ba Antibaraka bahise bahunga berekeje mu burengerazuba bw’aka gace, maze abarwanyi bayobowe n’uyu mujenerali bafata aka gace.
Abahagarariye loni muri aka gace batangaje ko nyuma yuko gushyikirana binaniranye, muri aka gace hari icyoba cy’uko abarwanyi ba Antibaraka bahunze bashobora kugaruka imirwano ikongera.
Hagati aho, abaturage benshi bahungiye mu mashyamba abandi bahungira mu bigo by’abasirikare ba Minusca, ngo ntabwo bizeye umutekano w’abarwanyi ba jenerali Ali Darass.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Leki@bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *