Perezida Nkurunziza yashyizeho guverinoma nshya ahindura abaminisitiri hafi ya bose uretse uw’Imari n’uw’Ingabo.
Ni nyuma y’uko arahiriye kuyobora manda ya gatatu, atsinze amatora amahanga yemeza ko atanyuze mu mucyo.

Urutonde perezidansi y’u Burundi yatangaje ibinyujije kuri Twitter, rugaragaza ko abaminisitiri bagumye ku myanya yabo ari Emmanuel Ntahomvukiye, wagizwe minisitiri w’ingabo kuva muri Gicurasi ubwo uwo yasimbuye yirukanwe kubera gukekwaho uruhare muri kudeta yapfubye, Minisitiri w’Imari Tabu Abdallah Manirakiza na Come Manirakiza w’ ingufu n’ubucukuzi.
Hagati aho Col. Bikomagu wahoze ari umugaba w’ingabo yashyinguwe ku wa Mbere, Bikomagu yarasiwe hafi y’iwe n’abantu batazwi ku ya 15 Kanama 2015.
Impuguke zatangaje ko nubwo Nkurunziza yatangiye kuyobora manda ya gatatu, imvururu zo zitarangiye kuko hakiri benshi batishimiye kuba yarashatse kwizirika ku butegetsi.
Imvururu zatangiye muri Mata, kuva ishyaka CNDD FDD ryatangaza ko Nkurunziza aziyamamaza. Abantu babarirwa mu 100 barishwe naho abasaga 180 000 barahunga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com



