Jesus-Word-of-God-1920x1080

Nyuma y’imyaka ibihumbi Yesu Kristo aracyari umuntu wamamaye kurusha abandi ku Isi

Biragoye gutondekanya neza ku rutonde abantu 10 ba mbere bamamaye kurusha abandi mu mateka, kuko byaterwa n’icyo ugendereye n’ibipimo byakoreshejwe. Nyamara, amazina amwe agenda agaruka ku ntonde zikorwa bitewe n’ingaruka zikomeye kandi zirambye bagize ku kiremwamuntu. Nta gushidikanya ko izina rya Yesu rikomeza kuza imbere nk’umuntu w’ikimenyabose wabaye ku Isi ku buryo n’umwana ukivuka nyuma y’imyaka isaga 2000 ari rimwe mu mazina ya mbere yumva. Ntihaburamo kandi Muhammad, Abraham Lincoln, na Napoleon. 
Hano hari abantu bakunze kuvugwa babaye ingenzi mu mateka kurusha abandi:
1. Jesus:
Ni izingiro ry’Ubukristu, rimwe mu madini manini ku Isi, kandi rikomeye mu muco w’iburengerazuba rikurikirwa n’abarenga miliyari 2,3 

2. Muhammad:
Yashinze Islam, inyigisho zayo zibaye ishingiro ry’ukwemera kwa kisilamu, gukurikirwa n’abantu barenga miliyari. 

3. Abraham Lincoln:
Yabaye Perezida wa Amerika mu gihe cy’intambara y’abenegihugu, kandi ubuyobozi bwe bwabungabunze igihugu kandi bukuraho ubucakara. 

4. Napoleon Bonaparte:
Umuyobozi wa gisirikare na politiki w’Umufaransa wahinduye u Burayi binyuze mu kwigarurira ibice n’amavugurura. 

5. Isaac Newton:
Umuntu w’ingenzi mu mpinduramatwara mu bya siyansi, uzwiho gushyiraho amategeko asobanura imikorere y’umubiri n’imbaraga ziwukoresha ndetse na rukuruzi rusange ituma ibintu biguma ku Isi aho kureremba mu kirere. 

6. Aristotle:
Ni Umufilozofe w’Umugereki w’umuhanga mu mibare, imirimo ye yashyizeho urufatiro rwa logic, imyitwarire, n’ubumenyi bwa politiki.

7. Alexander the Great:
Umwami wa Macedonia wubatse bumwe mu bwami bunini mu mateka ya kera, akwirakwiza umuco w’Abagereki. 

8. William Shakespeare:
Umwanditsi w’icyamamare n’umusizi w’Umwongereza, ibikorwa bye byabaye urufatiro rw’ubuvanganzo bw’Icyongereza n’amakinamico. 
9. George Washington:
Perezida wa mbere wa Amerika, umuntu w’ingenzi muri Revolution y’Abanyamerika no mu ishingwa rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. 

10. Adolf Hitler:
Umunyagitugu w’Umudage ibikorwa bye byateje Intambara ya Kabiri y’Isi Yose hamwe na jenoside yakorewe Abayahudi, igihe cy’urugomo n’irimbuka bitigeze bibaho. 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *