Nyuma yo gusezererwa muri CHAN Perezida Kagame yihanganishije Amavubi

Nyuma yo kumenyeshwa ko Amavubi yamaze gusezererwa muri CHAN, Perezida Kagame aho ari mu nama ya 26 y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika AU, yihanganishije Amavubi ayasaba gukomera .
Umukuru w’Igihugu uri muri Ethiopia aho yitabiriye inama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma zihuriye mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe, yatangaje ko yamenye iby’uko Amavubi yasezerewe muri CHAN gusa avuga ko yizera ko nibura abakinnyi baba bitanze uko bashoboye.

amavubi
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda yasezerewe muri 1/4

Akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko yamenye ko Amavubi yatsinzwe, ndetse avuga ko ari ibintu bibaho gutsindwa. Yagize ati “Ndizera ko abakinnyi nibura bagaragaje ishyaka.”
Yongeye ho ko u Rwanda rukwiye gukomeza kwitwara neza ruba igihugu cyakiriye irushanwa neza, ibintu byose bigakorwa ku rwego rwo hejuru.
kagame
Ubutumwa bwo kwihanganisha Amavubi Perezida Kagame yashyize kuri Twitter ye

U Rwanda rwakiriye irushanwa ry’amakipe y’ibihugu ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo rizwi nka Chan. Ni irushanwa riri kuba ku nshuro yaryo ya kane.
Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yasezerewe muri ¼ itsinzwe na Les Leopards ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego bibiri kuri kimwe. Ni mu mukino aho iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego kimwe, Congo Kinshasa iza kubona igitego cy’intsinzi ku munota wa 113.
U Rwanda rusezerewe nyuma yaho kuwa Kane tariki 28 Mutarama 2016 Perezida Kagame yari yakiriye abakinnyi, abasaba kwitwara neza, banatsindwa bakaba bagaragaje ishyaka mu kibuga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com
 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *