Barack Obama, wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze kuri videwo igaragaza ivanguraruhu yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezida Donald Trump, abwira umuyobozi w’ikiganiro wamwakiriye kuri podcast ko kugira “isoni” n'”imyitwarire myiza” byahoze biranga abategetsi, ubu byatakaye.
Iyo videwo ikomeretsa irimo igice kigaragaza Obama n’umugore we Michelle nk’inguge, ibyamaganwe n’abantu benshi barimo n’abo mu ishyaka ry’Abademokarate n’iry’Abarepubulikani.
Ku ikubitiro White House yashyigikiye iyo videwo, ivuga ko umwuka mubi yateje ari “uburakari bwo kwigirisha [mpimbano]”. Nyuma ubwo butumwa bwaje kwegekwa ku mukozi wo mu biro bya Perezida ndetse burasibwa nk’uko inkuru dukesha BBC ikomeza ivuga.
Brian Tyler Cohen, wari wakiriye Obama kuri uyu wa Gatandatu ushize, yabajije uwo wabaye Perezida wa mbere w’umwirabura wa Amerika ku mvugo ikoreshwa muri politike. Aha, Cohen yakomoje ku butumwa Trump yatangaje, nk’urugero rw’ubundi bwinshi bwa vuba bwateje impaka.
Icyo kiganiro gitangira umuyobozi wacyo asaba Obama kugira icyo avuga ku “mvugo” zo muri Amerika, uwo muyobozi w’ikiganiro avuga ko “zageze ku rwego rw’ubugome tutigeze tubona mbere”.
Cohen avuga ku byavuzwe na White House ko “abagizweho ingaruka” n’igenzura ry’ikigo cya gasutamo rijyanye n’abimukira (ICE) ari “abakora iterabwoba b’imbere mu gihugu”, anongeraho ko “mu minsi micye ishize, Donald Trump yashyize ifoto yawe, mu maso hawe, ku mubiri w’inguge”.
Obama yasubije agira ati: “Ni ingenzi kwemera ko benshi mu Banyamerika basanga iyi myifatire ihangayikishije cyane.
“Ni ukuri ko abantu babishigukira. Ni ukuri ko ari uburyo bwo kurangaza.”
Ariko Obama yavuze ko mu gutembera mu bice binyuranye byo muri Amerika, we ubwe yahuye n’abantu “bacyemera imico myiza, ikinyabupfura, ubugwaneza”.
Yakomeje agira ati: “Hari ubu buryo bwo kwigaragaza butagize icyo bwitaho burimo kubera ku mbuga nkoranyambaga no kuri televiziyo.”
“Ndetse ukuri ni uko bisa nkaho nta soni na busa kuri ibi mu bantu bahoze bumva ko ugomba kugira uburyo bw’imyifatire myiza no kwitwara neza no kubaha umwanya urimo, si byo?
“Ibyo byaratakaye.”
Mu bisubizo byose yatanze ariko, Barack Obama ntiyigeze avuga izina rya Trump ku mugaragaro.




