Ikipe ya APR FC yamaze gutangaza ko myugariro Omborenga Fitina yongeye kuyisinyira nyuma yo kuva muri Rayon Sports.
Omborenga, wakiniye APR FC mu myaka ishize ndetse akanayihesha ibikombe bitandukanye, yagarutse nk’Intare igiye kurangiza ibyo itasoje.
Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo APR FC yatangaje ko “Omborenga agarutse mu rugo. Intare rimwe, Intare iteka.”
Uyu mukinnyi unakinira ikipe y’igihugu Amavubi, asanzwe azwiho gukina neza ku ruhande rw’iburyo, no kugira ubunararibonye mu mikino ikomeye.
Abasesenguzi bavuga ko kugaruka kwe ari inyungu kuri APR FC mu rugamba rwo gushaka ibikombe imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.
APR FC ntiyatangaje igihe cy’amasezerano, ariko bitangazwa ko yasinye Amasezerano y’imyaka ibiri iri mbere muri iyi kipe izasohokera U Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Champions League.”





