-1x-1

Perezida Donald Trump yatsinzwe urubanza rw’ubujurire mu kirego cyo gufata ku ngufu

Urukiko rw’Ubujurire rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwateye utwatsi ubujurire bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe, Donald Trump wahamijwe gukora ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’isesereza ryakorewe umwanditsi w’ikinyamakuru, E. Jean Carroll.

Kuri uyu wa Mbere nibwo abacamanza batatu bo mu Rukiko rw’Ubujurire rwa 2 rwa New York bashimangiye icyemezo cyafashwe muri Gicurasi 2023 aho urukiko rwari rwategetse Trump kwishyura Carroll miliyoni $5 kubera gusebya izina rye no gukomeza guhakana ko yamufashe ku ngufu mu iduka mu mwaka wa 1996.

Carroll wahoze ari umwanditsi w’ikinyamakuru Elle Magazine, yavuze ko Trump yamufashe ku ngufu mu iduka ryitwa Bergdorf Goodman muri New York mu myaka ya 1990.

Trump yireguye avuga ko atazi uwo mugore gusa abacamanza basanze Carroll afite ibimenyetso bihagije byo kwemeza ikirego cye.

Muri Mutarama 2024, urundi rubanza rwihariye rwongeye gutegeka Trump kwishyura Carroll miliyoni $83 kubera amagambo asebya uyu mugore.

Mu bujurire bwe, Trump yari yasabye ko urubanza rwa mbere ruseswa aho yavugaga ko umucamanza yibeshye mu kwemerera abacamanza kumva ubuhamya bw’abandi bagore babiri bamushinja ihohoterwa.

Abo bagore ni Jessica Leeds, wavuze ko Trump yamufashe ku ngufu mu ndege mu mwaka wa 1970 na Natasha Stoynoff wahoze ari umunyamakuru wa People Magazine wavuze ko Trump yamusomye ku ngufu muri Mar-a-Lago mu 2005.

Abanyamategeko ba Trump ntibashakaga ko amajwi yafashwe muri Access Hollywood Tape aho Trump yavugaga amagambo asebya abagore ko atangazwa mu rukiko.

Urukiko rw’Ubujurire rwateye utwatsi ibyo birego byose ruvuga ko Trump atigeze agaragaza ko hari ikosa ryabaye mu mikirize y’urubanza rwa mbere cyangwa ko iryo kosa ryagize ingaruka ku mwanzuro w’urukiko.

Abacamanza bagize ati: “Urukiko rwabanje rwagize ubushishozi mu gusuzuma ibimenyetso byose no gufata umwanzuro hashingiwe ku mategeko.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *