Kuri uyu wa Gatatu, itariki 25 Gashyantare 2026, Perezida wa Israel, Isaac Herzog yageze i Addis Abeba, aho yatangiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Ethiopia.
Ku kibuga cy’indege, Perezida wa Israel yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia kandi biteganijwe ko aza guhura na Perezida wa Ethiopia, Taye Atske Salassie na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed ku mugoroba.

Uru ruzinduko rukurikira igikorwa giherutse cya Israel kitavugwaho rumwe cyo kwemera Somaliland mu mpera z’umwaka ushize kandi bigaragara ko biri mu rwego rwa diplomasi yo kwagura ingufu za Israel mu Ihembe rya Afurika.

Mu ruzinduko rwe aherutse kugirira muri Ethiopia, Perezida wa Turkiya, Racep Tayyip Erdogan, yasabye ko ako karere na ko katazahinduka “isibaniro ry’ingabo z’amahanga.”




