Perezida Kagame, uyoboye Gahunda ya Afurika Yunze Ubumwe ishinzwe Gutera inkunga ibijyanye n’Ubuzima imbere ku mugabane, yabonanye na Amb. Amma Twum-Amoah, Komiseri wa AU ushinzwe Ubuzima, Ibibazo by’Ubutabazi n’iterambere ry’imibereho, na Dr. Delese Mimi Darko, n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubuvuzi cya Afurika (AMA).
Ibiganiro byabo byibanze ku mikorere ya AMA no gushimangira gahunda z’ubuzima muri Afurika.

Ikigo AMA kandi twababwira ko gifite icyicaro cyacyo i Kigali.

Mbere yaho ku gicamunsi cyo kuwa Mbere, itariki 13 Ukwakira kandi, muri Village Urugwiro , Perezida Kagame yabanje kwakira Martin Chungong, Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro Mpuzanteko Nshinga, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.




