HBwjSF2WgAACT6j

Perezida na Madamu Kagame bifatanyije n’Abanyakigali muri Car Free Day

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 22 Gashyantare, Perezida na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye siporo iba buri kwezi kabiri muri Car Free Day, bakorana imyitozo n’ibihumbi by’abaturage batuye Umujyi wa Kigali mu gushigikira kugira ubuzima buzira umuze, ubufatanye n’imibereho myiza.

Ibihumbi by’abatuye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bitabiriye n’umubare uri hejuru uyu munsi, bongera gushimangira ko biyemeje guteza imbere imibereho myiza.

Mu gihe hizihiza ukwezi kwa interineti itekanye ( Safer Internet Month) abitabiriye bibukijwe inshingano zo guteza imbere uburyo bukingira abana bakoresha internet.

Iyi siporo yitabirwa n’ibihumbi by’abatuye Umujyi wa Kigali, ifasha mu kugira ubuzima bwiza no kurwanya indwara zitandura. Uyu munsi kandi hibukijwe ko ari inshingano zo gukoresha murandasi (internet) mu buryo bwiza bwubaka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *