Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 29 Ukuboza 2020, yashimangiye ko u Rwanda rutemerera impunzi z’igihugu cyabo ziba mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, gutaha.
Yabitangarije mu gikorwa cy’amasengesho yo gushimira Imana yarinze u Burundi n’Abarundi, cyaberaga mu Ntara ya Gitega ku munsi wacyo wa kabiri.
Perezida Ndayishimiye yavuze ko ubwo u Burundi bwarangwaga n’umutekano muke mu 2015, bamwe batekerezaga ko bugiye gusenyuka burundu, ariko ubu si ko bimeze, ahubwo igihugu cyateye imbere ku buryo cyifuzwa na benshi.
Ni aho yageze avuga ko n’impunzi z’Abarundi zashatse gusubira iwabo bitewe n’ibyo igihugu kimaze kugeraho, ariko izirimo iziba “i Mahama ntizemererwa.”
Ati: “Mwakumva aho hanze Abarundi uburyo bifuza gutaha, bamwe ugasanga barimo barabakumira. […] Ndababwiza ukuri ko uno munsi, nzi yuko nk’impunzi ziri Mahama bavuga bati ‘ushaka natahe’, mwajya mubona 90% bose biyiziye n’amaguru.”
Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko impunzi ziri muri Uganda zirirwa zandika, zituma abantu ngo bazifashe. Yagaragaje ko atemera ko impunzi zishaka gutaha zarinda zisaba igihugu zaturutsemo kuzifasha gutaha. Ati: “Mwebwe mwari mwumvaho uwitwa impunzi asaba igihugu yahunze ngo mfasha ntahe? Ntiyahora basi ashaka umuhuza nka ONU…”
Perezida Ndayishimiye yasubiyemo ko impunzi z’i Mahama zangiwe gutaha mu gihe Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubutabazi (MINEMA) yabihakanye inshuro zirenze imwe, ivuga ko ubushake bwo kuzifasha gutaha buhari, ko n’ikimenyimenyi hari izo yohereje mbere y’umwaduko w’icyorezo cya Covid-19, hiyongereyeho n’izindi yohereje mu bihe bitandukanye kuva muri Kanama 2020.
Itangazo MINEMA yasohoye muri uko kwezi, yagize iti: “U Rwanda rurashimangira ubushake rufite mu kurengera impunzi ziri ku butaka bwarwo, kandi rwiteguye gufasha ababihisemo, gutaha mu buryo butekanye kandi bubahesha agaciro, ku bufatanye na UNHCR na za Guverinoma bireba”.




2 Responses
Perezida Ndayishimiye aracyashimangira ko impunzi z’i Mahama zangiwe gutaha
Uyu muperezida afite ubwenge bucye ashobora kuba ari imbonera kure
Perezida Ndayishimiye aracyashimangira ko impunzi z’i Mahama zangiwe gutaha
Uyu muperezida afite ubwenge bucye ashobora kuba ari imbonera kure