Perezida Ndayishimiye yokejwe igitutu ngo asese guverinoma yose

Ku Cyumweru, ishyaka rya Sahwanya Frodebu, ritavuga rumwe na CNDD-FDD ryatanze ibyifuzo rivuga ko byafasha Perezida Evariste Ndayishimiye kugira ubutegetsi butagira ikizinga.

Iri shyaka ngo risanga kwirukana abagize Guverinoma iriho no gushyiraho uburyo bwemerera gutahuka abantu bose bari mu buhungiro kuva mu 2015 aribyo byatuma u Burundi butekana.

Ubuyobozi bw’iri shyaka rya Sahwanya Frodebu bwabigarutseho mu mpera z’icyumweru dusoje ubwo ryizihizaga isabukuru y’imyaka 32 rikora mu buryo bwemewe.

Perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Sahwanya Frodebu, yavuze ko Ndayishimiye agomba gukora ibishoboka byose impunzi zigatahuka bamwe muri bo akanabongera muri guverinoma kuko ngo Perezida Evaliste yivugiye ko abaminisitiri akorana nabo badashoboye.

Ati: “Mbere na mbere, turagira inama Perezida wa Repubulika gukora ibishoboka byose kugira ngo impunzi zose z’Abarundi ziba mu buhungiro zisubire mu gihugu.

Turifuza ko kandi yanahindura guverinoma akongeramo n’abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi. “.

Patrick Nkurunziza yavuze kandi ku mpunzi zashinjwaga guhirika ubutegetsi ko bagabanyirizwa ibihano kugira ngo babemere gusubira mu gihugu cyabo.

Ikibazo cyo gufunga abayoboke b’imitwe ya politiki, nacyo cyagarutsweho maze uyu muyobozi asaba ko bagomba kurekurwa nta mananiza.

Perezida w’ishyaka rya nyakwigendera Melchior Ndadaye, na we mu ijambo rye, yasabye ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa muri rusange.

Ati: “Ntihakagire umuntu uhatirwa kujyanwa mu bunyage, kandi ntihazagire umuntu wongera gutabwa muri yombi cyangwa kwicwa ngo ni uko adashyigikiye ubutegetsi. ”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *