Perezida wa Nigeria yahagaritse ingendo mpuzamahanga z'abayobozi bakuru

Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria yahagaritse ingendo mpuzamahanga z’abaminisitiri n’abayobozi b’ibigo bya leta kugira ngo babanze bashyigikire ingengo y’imari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko.

Perezida Buhari yashyize hanze iyi ngengo y’imari ya 2020 ku wa 8 Ukwakira, Sena imusaba ko abaminisitiri n’abayobozi b’ibigo bya leta baba baramaze kuyisobanura no kuyishyigikira bitarenze ku wa 31 Ukwakira.

Iyi ngengo y’imari ifite umutwe wo ‘Iterambere rirambye ndetse no guhanga imirimo’. Igaragaza umusoro ku nyongeragaciro (VAT/TVA) wazamuwe uvuye kuri 5 % ukagera kuri 7.5 %, ikazatangira gukora muri 2020 iramutse ihawe umugisha n’Inteko ya Sena.

Nyuma yo kuyishyigikira bitarenze kuri 31, Inteko ya Sena na yo yamaze kuyemeza, izayitangaza mu Kuboza 2019.

Ngiri itangazo rya Buhari ryagiye hanze ku wa gatanu.

All Africa News

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *