Police FC yisasiye APR FC, iha Kiyovu Sports amahirwe yo kwegukana igikombe

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu yatsinzwe na Police FC ibitego 2-1, bituma ihita itakaza umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona ibura imikino ine igasozwa.

Police FC yari yakiriye APR FC kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino wa derby y’umutekano w’umunsi wa 26 wa shampiyona.

APR FC yasabwaga kuwutsinda kugira ngo ikomeze gukubana na Kiyovu Sports zanganyaga amanota, binajyanye no kuba iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yaherukaga gutakaza amanota abiri imbere ya Gasogi United.

Nta buryo bwinshi bw’ibitego bwabonetse mu gice cya mbere cy’umukino cyaranzwe no gukinira hagati mu kibuga ku mpande zombi.

Police FC yafunguye amazamu ku munota wa 32 w’umukino biciye kuri Mugisha Didier. Ni ku mupira muremure uyu rutahizamu yahawe uturutse mu bwugarizi bw’ikipe ye, asiga ba myugariro ba APR FC bose bari bazamutse mbere yo gutereka umupira mu izamu rya Ishimwe Pierre.

Iyi kipe y’umutoza Mashami Vincent yongeye kunyeganyeza inshundura nyuma y’iminota itandatu ahanini biciye ku makosa y’umunyezamu Ishimwe Pierre na ba myugariro ba APR FC.

Ni nyuma y’uko uyu munyezamu yari ahawe umupira na bagenzi we awukina na ruboneka Jean Bosco waje kuwuha n’umutwe Nshuti Dominique Savio, mbere y’uko uyu Kapiteni wa Police FC awutereka mu nguni y’izamu hejuru.

APR FC yagabanyije umwenda ku munota wa 43 biciye kuri Ishimwe Fiston. Byari nyuma y’ishoti Mugisha Bonheur yateye umunyezamu Kwizera Janvier awukuramo; gusa awugarurira Ishimwe wahise awushyira mu izamu.

Igice cya kabiri cy’umukino cyaranzwe no gusatirana ku mpande zombi, gusa APR FC yari yitezweho kotsa igitutu Police FC ntiyagira igikanganye ikora.

Uburyo rukumbi bw’igitego iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yabonye ni ubwo ku munota wa 62 w’umukino bwa Kwitonda Alain ‘Bacca’ wateye ishoti gusa umupira uca hanze gato y’izamu.

Ubu buryo bwaje bukurikira ubwo Mugisha Didier na Savio bari bamaze guhusha ku ruhande rwa Police FC.

Iyi kipe y’umutoza Mashami Vincent yari izi ko itsinze igitego cya gatatu ku munota wa 79 w’umukino; gusa kiza kwangwa nyuma y’uko abasifuzi baganiriye bakemeza ko Iyabivuze Osée wari ugitsinze yari yabanje kurarira.

Ni ibyateje Impaka nyinshi ku ruhande rwa Police FC.

Gutsindwa uyu mukino byatumye APR FC itakaza umwanya wa mbere wahise ufatwa na Kiyovu Sports yatsinze Gorilla FC ibitego 2-1.

Iyi kipe yo ku Mumena iyoboye shampiyona n’amanota 56; irusha APR FC ya kabiri amanota atatu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *