Screenshot_20251217-101038_1

Polisi iri gukurikirana abapolisi bagaragaye bapakira umunyonzi muri ‘Pandagare’ kinyamaswa

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iri gukurikirana abapolisi bagaragaye mu mashusho bapakira umunyonzi muri imwe mu modoka zayo zizwi nka pandagare, mu buryo bw’ubunyamaswa.

Muri ayo mashusho yasangijwe ku mbuga nkoranyambaga n’umwe mu bakoresha urubuga rwa X, abapolisi babiri bigaragara ko ari abo mu ishami rya Polisi yo mu muhanda bagaragara bapakira uwo mu nyonzi mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Pickup, by’umwihariko umwe agaragara amukurubana amunyujije hagati y’ibyuma biri ku mpande zayo.

Polisi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yasobanuye ko biriya byabereye mu karere ka Rubavu, gusa ishimangira ko ibyakorewe uriya munyonzi wari wanyoye ibisindisha bitemewe.

Yavuze kandi ko abapolisi bagaragaye muri ariya mashusho batangiye gukurikiranwa.

Iti: “Ibi byabereye mu Karere ka Rubavu taliki 16 Ukuboza 2025 aho umunyonzi yitwaraga nabi mu muhanda biturutse kuba yanyoye ibisindisha. Uburyo yafashwe ntibukwiye kandi aba bapolisi babikoze barimo gukurikiranwa.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *