Ikipe ya Rayon Sports yafashe by’agateganyo umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda bigoranye Gasogi United ibitego 2-1.
Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’agapingane w’umunsi wa 20 wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Bugesera.
Ni umukino wabimburiwe n’intambara y’amagambo yari yabanje guhuza impande zombi.
Ibitego by’umunya-Caméroun Willy Essomba Onana ni byo byafashije Rayon Sports kwivana mu menyo ya Gasogi United.
Ni Gasogi United yihariye igice cya mbere cy’umukino, nyuma yo kubanza gufungura amazamu ku munota wa 16 w’umukino ibifashijwemo na Bugingo Hakim wari uhawe umupira mwiza na rutahizamu Ravel Ndjoumekou Max Well.
Uyu munya-Caméroun yari yatsindiye Gasogi United igitego ku munota wa 11 w’umukino, gusa umusifuzi wo ku ruhande avuga ko yari yabanje kurarira n’ubwo mugenzi we wo hagati yari yemeje ko ari igitego.
Byasabye umunota wa 45+30 ngo Rayon Sports yishyure igitego yari yatsinzwe ibifashijwemo na Onana, ku mupira yari acomekewe n’umunye-Congo Héritier Luvumbu.
Ni igitego kitavuzweho rumwe kuko ku ruhande rwa Gasogi United bavuga ko Onana yatsinze iki gitego yabanje gusunika umwe muri ba myugariro b’iriya kipe.
Igice cya kabiri cy’umukino cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa Rayon Sports zasize Iraguha Hadji afashe umwanya wa Musa Esenu wari wagowe n’igice cya mbere cy’umukino.
Ni impinduka iri mu byafashije cyane Rayon Sports, itangira kotsanya igitutu na Gasogi United buri kipe ishaka igitego cya kabiri.
Kera kabaye ku munota wa 84 Rayon Sports yabonye igitego cya kabiri nanone cya Onana, ku mupira muremure yari acomekewe na Ngendahimana Eric mbere yo kuroba umunyezamu Cuzuzo Aimé Gaël.
Gutsinda uyu mukino byafashije Rayon Sports guhita ifata umwanya wa mbere n’amanota 39, irusha rimwe Kiyovu Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Marines FC ibitego 3-1.
Iyi Rayon Sports kandi irarusha amanota abiri APR FC ya Kane igomba kwisobanura na Etincelles FC kuri iki cyumweru.



