Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Myugariro Musore Prince Michel, wahoze akinira Vital’O FC yo mu Burundi.
Isinya ry’uyu musore ryamenyekanye kuri wa Gatandatu aho yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
Ariko igurwe rye ryateje impaka nyuma y’uko Mucyo Antha Biganiro, wahoze ari umunyamakuru w’imikino ubu akaba umuranga w’abakinnyi, agaragaje impungenge ku bushobozi bw’uyu musore.
Mu kiganiro yagiranye na Radio O, Mucyo yavuze ko Musore atari ku rwego rwo gufasha Rayon Sports, ndetse amugereranya n’abakinnyi bo mu Rwanda nka Ishimwe Christian avuga ko bamurusha. Yagize ati: “Rayon Sports izashya. Uyu mukinnyi arushwa kure n’abakinnyi b’imbere mu gihugu.”
Mucyo usanzwe azwiho kugira uruhare mu kwimurira abakinnyi mu makipe, asaba amakipe yo mu Rwanda kwita ku gushaka impano zifite ireme aho guhora bijujubira amasoko yo hanze atagaragaramo impinduka.
Rayon Sports ikomeje kwiyubaka nyuma yo gusinyisha umutoza mushya ndetse biravugwa ko yamaze no kumvikana na Mosengo Tansele ku masezerano y’imyaka ibiri.




