Ndong Mengue Chancelor, umukinnyi w’imyaka 18 ukomoka muri Gabon, yageze i Kigali kuri uyu wa Mbere aho aje gukora igeragezwa mu ikipe ya Rayon Sports.
Uyu musore ukina asatira anyura ku mpande, yari asanzwe akinira Union Sportive d’Oyem yo muri Gabon.
Mu mwaka ushize w’imikino, yakinnye imikino 18, atsinda ibitego 5 anatanga imipira 8 yavuyemo ibitego. Nubwo ari umukinnyi ugaragaza impano, ntarasinya amasezerano kuko azabanza akore igeragezwa.
Ndong yaje mu gihe Rayon Sports ikomeje kwiyubaka, aho imaze gusinyisha abakinnyi bashya 9 barimo Bayisenge Emery na Ntarindwa Aimable, mu gihe abandi nka Serumogo Ally na Niyonzima Seif bongereye amasezerano.
Byitezwe ko mu mugoroba wo kuri uyu munsi, na Bigirimana Abeddy wahoze muri Police FC azagera i Kigali agahita asinya amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru.
Rayon Sports irateganya gukomeza kwiyubaka neza mbere y’umwaka w’imikino wa 2025–2026.




