Mu gihugu cya Kongo hadutse intambara y’amagambo ishyamiranyije abashyigikiye ko Perezida Kabila aguma ku butegetsi biyise Wumela ndetse n’abashyigikiye ko ava ku butegetsi biyise Yemera. Iyi ntambara ikaba iri gukorerwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter aho bagenda boherezanya ubutumwa bakunze kwita Hastags buri wese agaragaza uruhande arimo. Kugeza ubu Yemela iragenda irya isataburenge Wumela.
Iyi ntambara yatangiye ubwo igihugu cya RD Congo cyari mu mikino ya CHAN mu Rwanda iza gukomeza nyuma kandi mu buryo bukaze nyuma y’aho iki gihugu gitwariye iki gikombe.
Byibura ubutumwa burenga 170 nibwo bwatanzwe mu masaha y’iri joro gusa bugaragaza ko bushyigikiye ko Perezida Kabila yongera kwiyamamaza. Mu kwezi kwa kabiri habarurwaga tweets ziri hagati ya 3 n’icyenda mu gihe mu minsi 10 ishize hagaragaye tweets byibura 400.
Muri tweets 418 zatangajwe mu mijyi itandukanye 116 kuva muri uku kwezi ku ruhande rwa Wumela yatumye abantu 1 845 958 bagaragaza ibitekerezo bishyigikiye Perezida Kabila.
Yebela yanikiye Wumela
Abarwanya ko Perezida Kabila aguma ku butegetsi bibumbiye muri Yemela bamaze kwanikira kure abashyigikiye ko Perezida Kabila aguma ku butegetsi. Iyi Yemela igaragara nk’idashyigikiye na gato Perezida Kabila byibura abantu 2172 boherejwe tweets naho abandi 5,618,736 bohereza ubutumwa bushingiye kuri iyi tweets bagaragaza ko badashyigikiye ko Perezida aguma ku butegetsi. Urebye abashyigikiye ko Perezida Kabila ava ku butegetsi bikubye inshuro 5 ugereranije n’abashyigikiye ko aguma ku butegetsi. Kugeza ubu imijyi iri muri iyi ntambara imaze kugera kuri 361.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com



