Mu gihe akazi kadahagaze neza muri Minisiteri ya Siporo ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri Didier Budimbu, Magloire Kasongo, yasabye abakozi bari mu myigaragambyo kugira ituze no guhitamo inzira y’ibiganiro.
Kasongo, wavugiye kuri Radio Okapi, yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe inama iziga ku bibazo byose byashyizwe imbere n’aba bakozi. Yemeje kandi ko hari gahunda nshya yo kongera agaciro k’inyongera (bonus) z’abakozi, zari zimaze igihe zitameze neza.
Yagize ati: “Icya mbere ni uko Minisitiri Didier Budimbu yiyemeje kuzamura imibereho y’abakozi be. Yatangiye umushinga wo kongera inyungu zabo, kuko zari nke cyane. Ni yo mpamvu tubasaba gutuza no gukomeza inzira y’ibiganiro.”
Abakozi b’imikino bakorera kuri stade ya Martyrs ndetse na Tata Raphaël bari mu myigaragambyo basaba kwishyurwa inyungu bamaze imyaka cumi n’itatu batabona. Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ugushyingo, bigaragambirije ku kazi no kuri stade Tata Raphaël kugira ngo ijwi ryabo ryumvikane.
Kasongo yasabye ko aya makimbirane atagira aho asubiza igihugu, ahubwo abakozi bagakoresha inzira y’ibiganiro kugira ngo ibibazo byabo bikemuke burundu.




