Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 25 Kanama, umushinjacyaha yasabiye ibihano bikomeye abayobozi bakuru b’ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), baregwa kuba barateguye umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.
Mu iburanisha ry’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ryabereye nu ruhame muri Gereza ya Ndolo, umushinjacyaha wa gisirikare yasabye imyaka 15 y’igifungo no kwirukanwa kuri ba ofisiye barindwi, barimo Brig. Gen. Ericsson Bakati, Lt. Colonel Gervais Malaji, ba Major Paluku, Jean-Marie Kasereka, Philippe Mambolo, na ba Lieutenants Kakule na David Lusenge.
Ubushinjacyaha bwasabiye igifungo kigabanyije cy’imyaka itatu ba Colonel André-Jean Nyenze na Alphonse Kasereka, kubera ko bafashije ubutabera nk’uko inkuru dukesha Radio Okapi ivuga.
Icyakora, ubushinjacyaha bwasabye ko abandi baregwa bagirwa abere, bavuga ko ibyo baregwa bidafitiwe ibimenyetso bihagije.
Ibyo birego byatangiye muri Mata, ubwo abasirikare bakuru mirongo ine bafatirwaga amashusho muri hotel iherereye Bandalungwa, Kinshasa, batangaza ko ubutegetsi buriho bwarangiye kandi batangaza ko ubutegetsi bwafashwe.
Iyi videwo yakwirakwijwe cyane yatumye bafatwa kandi batangira gukurikiranwa n’ubutabera.




