RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barategura imyigaragambyo simusiga yo kubuza Kabila kwiyamamaza

Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RD Congo barahamagarira abaturage bose batuye mu gihugu kwitabira imyigaragambyo iteganyijwe ku wa gatatu w’icyumweru gitaha Tariki ya 16 Gashyantare 2016 igamije kubuza Perezida kongera kwiyamamaza. Bakaba bavuga ko Perezida Kabila yishe itegeko nshinga agamije kuguma ku butegetsi.
Ibinyamakuru bitandukanye muri Kongo Kinshasa bivuga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bategura iyi myigaragambyo bari bagamije kongera kwibutsa Perezida Kabila atemerewe kongera kwiyamamaza ndetse ko ibyo akora nta kindi bigamije uretse gushaka kwica itegeko nshinga.

kabila 1
Perezida Kagame ngo arashaka kwiyongeza indi manda yishe itegeko nshinga

Iri huriro rizwi nka G7 rivuga ko imyigaragambyo yabo itagamije guteza urugomo ahubwo izakorwa mu mahoro n’umutuzo. Umwe mu bateguye iyi myigaragambyo waganiriye na Bwiza.com ku murongo wa telefoni yagize ati « tuributsa abaturage bose kuguma mu ngo zabo. Ntihazagire ujya ku kazi ndetse ntihazagire uzohereza abana ku ishuri. Imyigaragambyo yacu n’iy’umutuzo »
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iyi miryango rivuga ko Perezida Kabila yagiye ku butegetsi mu 2001 akomeza manda ze 2 ateganyirizwa n’amategeko zigomba kurangira mu kwa 12 uyu mwaka wa 2016. Ngo Perezida Kabila ari gukora ibishoboka byose kugira ngo akore ibinyuranye n’itegeko nshinga kugira ngo agumwe ku mwanya ariho.
Iri huriro kuba ryarafashe iyi tariki ya 16 Gashyantare 2016 ryibutsa imyigaragambyo yakozwe kuri iyo tariki yavuzwe hejuru mu mwaka wa 1992 yari igamije gukuraho umunyagitugu Mobutu Sese Seko.
Iyo myigaragambyo yabaye kuri uwo munsi ubwo hari ku cyumweru yaguyemo abaturage batagira ingano ikintu bavuga ko gifite ubusobanuro ku butegetsi buriho. Ngo icyo gihe bazaba bibuka nanone abantu baguye mu myigaragambyo yabaye mu 1992.
Iri huriro ryateguye iyi myigaragambyo rigizwe n’amatsinda arindwi agizwe na societe civile ndetse n’ amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *