Imirwano yarakomeje umunsi wa kabiri wikurikiranya ku wa Mbere i Makobola no mu karere byegeranye. Ni nyuma y’uko Wazalendo iteye inyeshyamba za AFC/M23, bivugwa ko zitabaje n’imitwe irwanira mu mazi, ariko ntiyabasha kubirukana.
Nk’uko amakuru aturuka aho agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza ngo inyeshyamba zohereje umutwe w’ingabo zirwanira mu mazi mu Kiyaga cya Tanganyika, kandi zigira uruhare mu mirwano.
Nyuma y’igitero cya Wazalendo ku wa Mbere, bivugwa ko inyeshyamba za AFC / M23 zarasiraga mu kiyaga, ibisasu bikagwa hafi y’umudugudu wa Swima, uherereye ku birometero 8 uvuye i Makobola.
Amakuru aturuka muri ako karere agira ati: “Nyuma y’amabombe, twabonye abasirikare ba FARDC bava ku murongo wa mbere w’urugamba berekeza i Mboko. Iki kibazo cyateye abaturage ubwoba bwinshi, bituma muri ako gace barushaho guhunga.”
Biravugwa ko n’ubwo abasirikare ba FARDC bagiye kongerera ingufu inyeshyamba za Wazalendo baturutse i Kalemie, umujyi wa Mboko uherereye mu birometero 55 mu majyaruguru y’umujyi wa Baraka, ukomeje kugenzurwa n’abarwanyi ba AFC/M23.




