RDC: Amakimbirane hagati y’Abahutu n’Abanande yaguyemo abantu 21 abandi 40 barakomereka — Loni

Byibuze abantu 21 barishwe, abandi 40 barakomereka mu gihe ingo zirenga 10 nazo zatwitswe nyuma y’ibitero byagabwe ku bahutu bo mu burasirazuba bwa Congo nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Mbere ugaragaza impungenge z’ubwiyongere bw’amakimbirane ashingiye ku moko.
Ibi bitero byo muri iyi weekend ishize bikaba ari ibiheruka byaranze amakimbirane hagati y’Abahutu n’andi moko. Ibi bikaba byarafashe umurego kuva mu kwezi gushize ubwo inyeshyamba za FDLR zashinjwaga n’abayobozi kwica abaturage 14 bo mu bwoko bw’Abanande muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umuvugizi wa Loni, Amouzoun Codjo Martin, yatangaje ko ibitero byo muri iyi weekend ishize byagabwe n’inyeshyamba zo mu mitwe 2 yiganjemo Abanande yitwa UPDI na NDC.
Tension-Nande-Hutu
Aya makimbirane ngo amaze gufata indi ntera nk’uko Umuryango w’Abibumbye wabitangaje mu itangazo ryawo, kandi ngo ashobora no gukwira mu karere ari nako abata ibyabo biyongera nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga. Loni kandi ivuga ko ifite amakuru y’uko muri iyi minsi habayeho ibikorwa byo gushimuta no gufata ku ngufu.
Amakimbirane ashingiye ku moko, guterwa n’abanyamahanga no gusahura umutungo kamere wa Congo byateje amakimbirane ahoraho hagati y’imitwe irenga icumi yitwaje itwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Congo mu myaka igera kuri 20 ishize, miliyoni z’abantu zikaba zimaze kuhasiga ubuzima.
Umwuka mubi hagati y’Abahutu n’andi moko baturanye watangiye kuva igisirikare cya Congo cyatangiza ibitero ku mutwe wa FDLR mu mwaka ushize bigatuma umubare munini w’abarwanyi ba FDLR ndetse n’abasivili b’Abahutu bakwira imishwaro.
Kuri uyu wa Gatatu ushize, byabaye ngombwa ko ingabo za Loni n’iza Congo zirasa mu kirere ngo zitandukanye Abahutu n’Abanande nyuma y’uko aba bahanganye bikomeye bakoresheje intwaro gakondo ziganjemo imipanga n’inkoni.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *