RDC: FARDC iramagana ibirego biyishinja gukorana n’inyeshyamba

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kiramagana ibirego bivuga ko haba hari imikoranire iri hagati yacyo n’umutwe witwaje intwaro witwa NDC/ Rénove (Nduma defense of Congo Rénove) muri Teritwari za Walikale na Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola 2, Major Ndjike Kaiko, kuri uyu wa Mbere ushize yatangaje ko inshingano z’ingabo atari ugufatanya n’imitwe yitwaje intwaro, ahubwo ko ari ukuyihiga.

Major Ndjike Kaiko yatanze ibi bisobanuro mu rwego rwo gucecekesha icyo yita ibihuha bikomeje gukwirakwizwa bivuga ko FARDC ikorana bya hafi na NDC/R ya Gilbert Bwira, uhanganye n’uwahoze ari umuyobozi w’uyu mutwe, Guidon Shimirayi.

Kuri we, “FARDC ntabwo yigeze ikorana n’umutwe witwaje intwaro. Ntabwo hashize igihe kinini cyane, FARDC igabye ibitero ku mutwe witwaje intwaro wa NDC \ Rénové de Guidon kandi muri icyo gikorwa, uyu mutwe wacitsemo ibice bibiri, igice kimwe kikaba cyari gishyigikiye gushyira intwaro hasi kikishyikiriza FARDC. Mu mategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu, ntibishoboka rwose ko FARDC nk’ingabo z’umwuga zagaba igitero ku mutwe usanzwe uri mu nzira zo kwitanga. ”

Yibukije abaturage kureka kwizera ayo makuru yita ibihuha adafite ishingiro, ngo yaba ari igikorwa cya bamwe mu barwanyi badashyigikiye inzira yo gushyira intwaro hasi no gusubira mu buzima busanzwe yatangijwe na guverinoma nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.

Muri Masisi na Rutshuru, hari amakuru avuga ko Bwira n’abarwanyi be barwana buri gihe bashaka kwigarurira uduce tumwe na tumwe kandi FARDC irebera. Aba barwanyi kandi bakora n’ibindi bikorwa bibangamira abaturage birimo kubasoresha, kubaca amande n’indi misoro itemewe n’amategeko mu bice bicukurwamo amabuye y’agaciro.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *