Imiryango iharanira uburenganzira bw’umugore (ODDF), harimo n’umuryango mpuzamahanga w’abavoka b’abagore (AIFA) na komisiyo y’Igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu (CNDH), yariye karungu ku bwa Pasiteri uherutse gushyingiranwa n’umwangavu.
Iyi miryango ikorera muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, yateguye urugendo rwo kwigaragambya kuri uyu wa kane, tariki ya 25 Mutarama 2024, mu rwego rwo kurwanya no kwamagana ubukwe bw’umupasiteri uherutse gushyingiranwa n’umwana w’umukobwa utaruzuza imyaka y’ubukure.
Uyu pasiteri wamaganwa ni uwitwa Pierre Kasambakana uherutse gutabwa muri yombi taliki 8 Mutarama 2024 azira ihohotera rishingiye ku gitsina .
Mbere y’uko uyu mugabo atabwa muri yombi, yari yagaragaye kuri televiziyo imwe avuga ko afite Abagore barenga icumi n’abana 25.Yakomeje avuga ko kandi ashaka abakobwa bakiri amasugi akaba aribo agira Abagore.
Ubwo yatabwaga muri yombi yafatanywe na Se w’uyu mukobwa nk’umufatanyacyaha kuko ngo ariwe wamumuhaye nk’impano y’umubano mwiza bari bafitanye.



