Abasaga 30 bo mu nyeshyamba za Raà¯a Mutomboki Ngubito barwaniraga i Bubavu muri Teritwari ya Kalehe, Muri Kivu y’Amajyepfo, bashyize intwaro hasi bishyira mu maboko y’ingabo za Leta ya Congo (FARDC).
Izi nyeshyamba zishyikirije Leta ku wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe 2019. Perezida wa Sosiyeti sivile i Buzi muri teritwari ya Kalehe, James Musanganya, avuga ko izi nyeshyamba zamaze ijoro rya mbere i Minova, ubwo zari zitegereje bagenzi bazo bagombaga guturuka i Goma, Saké, Kirotshe, Shasha, Bweremana, Bishange, Buganga na Kalehe.
Ku rupapuro rw’inzira rwashyizweho umukono n’ubuyobozi bw’ishyaka AFPR, izi nyeshyamba zarwaniriraga, rugaragaza ko benshi mu bayobozi b’izi nyeshyamba zishyikirije Leta bategerejwe kujyanwa i Bukavu.
Ikinyamakuru Actualitecd dukesha iyi nkuru, gitangaza ko inyeshyamba za Raà¯a Mutomboki / Ngubito zizwi cyane mu gace ka Kalehe, kuba zaragabye igitero ku muryango w’abaganga batagira umupaka (MSF) mu 2018.
Iki kinyamakuru gitangaza kandi ko abarwanyi benshi bishyikirije Leta mu cyumweru gishize, muri Kivu y’Amajyepfo. Bane bo mu nyeshyamba za Maà¯-Ma௠Kihebe hamwe na we (Kihebe) n’imbunda zabo za Kalachnikov ngo bakaba barishyikirije FARDC i Sangé.
Ku wa Gatanu tariki ya 25 Mutarama 2019, abarwanyi 600 bo mu mutwe w’inyeshyamba wa Kamuina Nsapu bashyize intwaro hasi nyuma y’aho Félix Tshisekedi atsindiye amatora akanarahirira kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Izi nyeshyamba zatangaje ko icyo zarwaniraga cyagezweho.
Perezida Tshisekedi yarahiriye kuyobora Congo ku itariki ya 24 Mutarama 2019. Ni ku nshuro ya mbere muri icyo gihugu hari habaye ihererekanya ry’ubutegetsi kuva icyo gihugu kibonye ubwigenge. Yatangaje ko agiye kurekura imfungwa za Politiki, bityo n’inyeshyamba zarwanyaga Leta ya Kabila, zikaba zikomeje kwisuganya zishyira intwaro hasi.



