RDC iremeza ko amabuye y’agaciro yabuze ajya mu Rwanda afite agaciro ka miliyari y’amadolari

Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo iremeza ko amabuye y’agaciro yavuye muri iki gihugu mu buryo butemewe n’amategeko ajya mu Rwanda mu mwaka ushize afite agaciro ka miliyari 1 y’amadolari.

Minisitiri w’imari wa RDC, Nicolas Kazadi, kuri uyu wa 21 Werurwe ubwo yari i Lousanne mu Busuwisi mu nama mpuzamahanga y’ibicuruzwa yitwa Commodities Global Summit itegurwa n’ikinyamakuru Financial Times (FT), yamenyesheje abo bari kumwe ko ibyo ibyo igihugu cye kivuga bifite ibimenyetso.

Kazadi yavuze ko amabuye y’agaciro ava mu gihugu cyabo mu buryo butemewe, ajya mu Rwanda arimo: zahabu, tin, tantalum na tungsten, ati: “Yose ava muri RDC, birazwi. Si ugushinja gusa, ni n’ibimenyetso.”

Uyu munyapolitiki yasobanuriye abari mu nama i Lousanne ko intego nyamukuru y’umutwe witwaje intwaro wa M23 ari ugutwara amabuye y’agaciro, akambutswa hakurya y’umupaka. Ati: “Turacyategereje ibyo bihano. Dutungurwa cyane n’uko ibyo bihano bitaratangira.”

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, avuga ku magambo ya Kazadi, yatangaje ko uyu munyapolitiki ari umunyabinyoma, asobanura ko u Rwanda rudakwiye kugerekwaho ingaruka z’imiyoborere mibi ya RDC zirimo ihungabana ry’ubukungu ryatewe n’imitwe yitwaje intwaro irenga 100 ikorerayo.

Makolo yagize ati: “Minisitiri arabeshya. U Rwanda ntabwo rwakwirengera ukunanirwa kwa Leta yo muri RDC no guhungabanywa k’ubukungu bwabo kwakozwe n’imitwe yitwaje intwaro itemewe n’amategeko irenga 100, yo ibikorwa byayo byemerwa na guverinoma, ikanabishyikira.”

Kuri Twitter, Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda yavuze ko yanabwiye umunyamakuru Andres Schipani wa FT ko urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri iki gihugu ruri gutera imbere rugenzurwa rukanakurikiranwa n’inzego mpuzamahanga zishinzwe ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro zirimo ITSCI.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *